Hatangayo Adelaide, umuyobozi wa Komini Mugere, yemeje ko byibura abantu 7 ari bo bamaze kumenyekana ko bapfuye nyuma y’iturika ry’intwaro mu kigo cya gisirikare i Bujumbura.

Uyu muyobozi avuga ko babiri mu bapfuye bari bafungiwe muri gereza ya Mpimba, iri muri zone Musaga.

Imfungwa 30 zo muri iyo gereza zakomeretse bikomeye.

Abana barenga 40 babyranye n’ababyeyi babo aho bahungiye muri Komini Rwibaga.

Hagati aho, hari ibisasu bitaturitse byabonetse ahantu hatandukanye muri zone Ruyaga, Kinindo na Kanyosha.

Inzu n’imodoka nyinshi byangiritse.

Ubutegetsi buvuga ko abaturage ari basatiriye iki kigo cya gisirikare kibikwamo intwaro nto n’iziremereye.